Inteko Ishinga Amategeko y'u Rwanda yagiyeho, nyuma y'ibihe by'inzibachuho, binyuze mu matora yabaye ku itariki ya 29 Nzeri kugeza tariki ya 2 Ukwakira 2003.
Yatangiye imirimo yayo ku itariki ya 10 Ukwakira 2003, nyuma y'irahira ry'abagize Imitwe yombi.
Inteko Ishinga Amategeko y'u Rwanda igizwe n'imitwe ibiri :
- Umutwe w'Abadepite
- Umutwe wa Sena
Umutwe wa Sena ugizwe n'Abasenateri 26 bakomoka aha hakurikira :
- Abasenateri 12 batorwa n'inzego zihariye, hakurikijwe inzego z'imitegekere y'Igihugu ;
- Abasenateri 8 bashyirwaho na Perezida wa Repubulika ;
- Abasenateri 4 bagenwe n'Ihuriro nyunguranabitekerezo ry'imitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda ;
- Umusenateri 1 watowe mu barimu n'abashakashatsi bo muri za Kaminuza n'Ibigo by'amashuri makuru ya Leta ;
- Umusenateri 1 watowe mu barimu n'abashakashatsi bo muri za Kaminuza n'Ibigo by'amashuri makuru yingenga
Umutwe wa Sena ufite inshingano enye z'ingenzi zikurikira :
- Gutora amategeko agenwa n'ingingo ya 88 y'Itegeko Nshinga ;
- Kumenya no kugenzura ibikorwa bya Guverinoma ;
- Gushyiraho bamwe mu bayobozi bo mu Nzego z'Imirimo ya Leta bagenwa n'ingingo ya 88 y'Itegeko Nshinga ;
- Kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry'amahame remezo avugwa mu ngingo ya 9 n'iya 54 z'Itegeko Nshinga.